Isesengurampamvu ku Bushakashatsi Bukorwa mu Kinyarwanda: Urugero rwa Kibogora Polytechnic

Main Article Content

Daniel Ndahimana
Jean Prosper Bagaragaza
Crispine Hahirwuwizera
Agnes Uwizeyimana

Abstract

Ubu bushakashatsi bwiswe “Isesengurampamvu ku Bushakashatsi Bukorwa mu Kinyarwanda: Urugero rwa Kibogora Polytechnic bushingiye ku ntego yo gusesengura impamvu zituma abanyeshuri bahitamo gukora ubushakashatsi mu ndimi z’amahanga kandi bigira kubona Impamyabushobozi mu Cyongereza n’Ikinyarwanda n’Uburezi. Iyi nyigo igamije gutanga umusanzu mu kurushaho kunoza imyigishirize y’Ikinyarwanda ndetse no gutanga inama ku bantu batinya gukora ubushakashatsi mu rurimi rw’Ikinyarwanda. Uburyo nyamubaro ni bwo bwakoreshejwe mu gukusanya amakuru, aho ibibazo byanditse byakoreshejwe nk’igikoresho k’ikusanyamakuru. Amakuru yifashishijwe yatanzwe n’abakeshwamakuru bo mu ishuri rikuru ryigenga rya Kibogora Polytechnic, ryatoranyijwe ku buryo bw’umuhuro. Itsinda nshingirwaho ryari rigabanyije mu byiciro bibiri, aho irya mbere ryari rigizwe n’abanyeshuri 462 bamaze kwandika, aho muri bo hifashishijwe itsinda nkeshwamakuru ringana n’abanyeshuri 51; hakoreshejwe uburyo bwo gushakana, naho irya kabiri rikaba ryari rigizwe n’abanyeshuri 836 bageze mu myaka ibiri isoza, bitegura kwandika, aho havuyemo itsinda nkeshwamakuru ringana n’abanyeshuri 92. Ubu bushakashatsi bwagaragaje impamvu z’ingenzi zituma abanyeshuri batitabira gukora mu rurimi rw’Ikinyarwanda kandi Impamyabushobozi zabo ziba ziriho Icyongereza n’Ikinyarwanda, harimo ibura ry’inyandiko zifashishwa ziri mu rurimi rw’Ikinyarwanda, kuba isomo ryo gukora ubushakashatsi ryigishwa mu rurimi rw’amahanga, ubujyanama n’ubwunganizi budahagije, ndetse no kuba hari abemeza ko nubwo baba barahisemo kwiga Ikinyarwanda, kirimo amasomo akomeye nk’ubutinde n’amasaku atavugwaho rumwe n’abantu batandukanye. Ubu bushakashatsi butanga inama yo guhugura abarimu n’abanyeshuri ku byerekeye ubushakashatsi mu Kinyarwanda, bukanagaragaza amuga yakoreshwa mu nyandiko z’ubushakashatsi. Bunagira kandi inama kaminuza zigisha impuzo y’Icyongereza n’Ikinyarwanda, yo gutegura imbumbanyigisho y’ubushakashatsi iri mu Kinyarwanda, ikigishwa mu rwego rwo gufasha abanyeshuri kwisanzura mu rurimi bifuza gukoramo inyandiko zabo z’ubushakashatsi igihe barangiza ikiciro bahererwamo impamyabushobozi.

Downloads

Download data is not yet available.

Article Details

Section
Articles
Author Biography

Daniel Ndahimana, RP Musanze College, Rwanda

NDAHIMANA Daniel is a permanent assistant lecturer in Kinyarwanda at RP Musanze College, and a part time assistant lecturer in Kinyarwanda at UR CE, UTAB, KP and ULK. He studies languages (Lettres) at Secondary level, in undergraduate  level he studied KEE and majored in Kinyarwanda Education. At Postgraduate level he studied Education Kinyarwanda Education in University of Rwanda College of Education. 

He is interested in teaching Kinyarwanda, doing research in languages especially in Kinyarwanda language. 

Most read articles by the same author(s)